الأعلى
The Most High • 19 ayahs • Meccan
بِسْمِ ٱللَّهِ ٱلرَّحْمَٰنِ ٱلرَّحِيمِ
1Singiza izina rya Nyagasani wawe, Uwikirenga,
2We waremye akanatunganya (buri kintu),
3Akanakigenera (gahunda yacyo yose), hanyuma akayikiyoboramo,
4Ni na We umeza ubwatsi mu nzuri,
5Hanyuma akabwumisha bugahindura ibara.
6Rwose (yewe Muhamadi) tuzakwigisha (gusoma Qur’an), bityo ntuzayibagirwa,
7Keretse ibyo Allah azashaka (ko wibagirwa). Mu by’ukuri azi ibigaragara n’ibitagaragara.
8Tuzanakorohereza inzira yo gukora ibyiza.
9Bityo, ibutsa (abantu) igihe urwibutso rwabagirira akamaro,
10Mu by’ukuri hazibuka wa wundi utinya (Allah),
11Ariko inkozi y’ibibi izarugendera kure (urwibutso),
12(Uwo) ni we uzajya mu muriro uhambaye (akawuhiramo),
13Aho atazapfa (ngo aruhuke) cyangwa ngo agiriremo ubuzima (bwiza).
14Mu by’ukuri wa wundi wiyejeje (akirinda ibyaha) yamaze kubona intsinzi
15Akanasingiza izina rya Nyagasani we ndetse akanakora iswala.
16Ariko mwe mwikundira ubuzima bwo kuri iyi si,
17Nyamara ubwo ku mperuka ari bwo bwiza kurushaho ndetse buzanahoraho.
18Mu by’ukuri ibi (mubwirwa) biri mu byanditswe byo hambere,
19Inyandiko (zahishuriwe) Ibrahim na Musa.