الشعراء
The Poets • 227 ayahs • Meccan
بِسْمِ ٱللَّهِ ٱلرَّحْمَٰنِ ٱلرَّحِيمِ
1Twaa Siin Miim.[1]
2Iyi ni imirongo y’igitabo gisobanutse (Qur’an).
3Hari ubwo (yewe Muhamadi) wazicwa n’agahinda kubera ko batemeye (ubutumwa bwawe).
4Tubishatse twabamanurira igitangaza giturutse mu kirere, maze amajosi yabo agahora acyicishijeho bugufi (baba babishaka cyangwa batabishaka, ariko nta we dushaka guhatira kwemera).
5Kandi nta rwibutso rushya ruturutse kuri (Allah) Nyirimpuhwe rubageraho ngo babure kurwirengagiza.
6Rwose barahakanye; bityo inkuru z’ibyo bakerensaga zizabageraho (bidatinze).
7Ese ntibitegereza uko isi twayimejejeho buri bwoko bwiza (bw’ibimera)?
8Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
9Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
10(Unibuke) ubwo Nyagasani wawe yahamagaraga Musa (akamubwira ati) “Jya ku bantu b’inkozi z’ibibi”,
11Abantu ba Farawo, (ubabwire uti) “Ese ntibakwiye gutinya (ibihano bya Allah, bakareka ibibi barimo)?”
12(Musa) aravuga ati “Nyagasani! Mu by’ukuri ndatinya ko bazampinyura,
13Maze igituza cyanjye kigafungana (kubera intimba n’agahinda), kandi ururimi rwanjye ntirubanguka (mu gusobanura amagambo). Bityo nyoherereza Haruna (aze amfashe).”
14“Kandi (abantu ba Farawo) hari icyaha banshinja, nkaba ntinya ko bazanyica.”
15(Allah) aravuga ati “Si ko bimeze (ntibazakwica)! Ngaho mwembi nimujyane ibitangaza byacu (kwa Farawo). Mu by’ukuri tuzaba turi kumwe namwe twumva (ibizavugwa byose).”
16Mwembi nimujye kwa Farawo mumubwire muti “Mu by’ukuri twe turi Intumwa za Nyagasani w’ibiremwa byose.”
17(Adutumye) ngo “Rekura bene Isiraheli tubajyane.”
18(Farawo) aravuga ati “Ese ntitwakureze kuva ukiri umwana, ukabana natwe imyaka (myinshi) y’ubuzima bwawe?”
19Maze ugakora igikorwa wakoze (cyo kwica umuntu), uri mu ndashima (ineza twakugiriye)!”
20(Musa) aravuga ati “Nagikoze ubwo nari mu bayobye”,
21“Nuko ndabahunga kubera kubatinya. Ariko Nyagasani wanjye yampaye ubumenyi (bwo kumusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), anangira umwe mu ntumwa (ze).
22Ese ibyo (kundera) ni yo neza uncyurira kandi waragize bene Isiraheli abacakara?”
23Farawo aravuga ati “Ese Nyagasani w’ibiremwa byose ni nde?”
24(Musa) aravuga ati “Ni Nyagasani w’ibirere n’isi ndetse n’ibiri hagati yabyo, niba mudashidikanya (ko ari We wabiremye ngaho nimumwemere).”
25(Farawo) abwira abamukikije ati “Aho ntimunyumvira (ibyo ari kuvuga)?”
26(Musa) aravuga ati “(Uwo) ni Nyagasani wanyu akaba na Nyagasani w’abakurambere banyu!”
27(Farawo) aravuga ati “Mu by’ukuri, iyi ntumwa yanyu yabatumweho ni umusazi!”
28(Musa) aravuga ati “(Uwo) ni Nyagasani w’Uburasirazuba n’Uburengerazuba n’ibiri hagati yabyo, (ibyo ni ibyatuma mumwemera) niba mufite ubwenge.”
29(Farawo) aravuga ati “Nuramuka ugize indi mana (wemera) itari njye, rwose ndakugira umwe mu mbohe.”
30(Musa) aravuga ati “Ese (wamfunga) n’iyo naba nkuzaniye ikintu kigaragara (cyerekana ukuri kwanjye)?”
31(Farawo) aravuga ati “Ngaho kizane niba koko uri mu banyakuri.”
32Nuko (Musa) anaga inkoni ye hasi, maze ihinduka inzoka igaragara.
33Anavana ukuboko kwe (mu kwaha), kuza kwererana kugaragarira abareba.
34(Farawo) abwira ibyegera bye ati “Mu by’ukuri uyu ni umurozi w’umuhanga;
35Arashaka kubakura mu gihugu cyanyu akoresheje uburozi bwe. Murabivugaho iki?”
36Baravuga bati “Ba umwihoreye (we) n’umuvandimwe we, maze wohereze abakoranya abantu mu mijyi;
37Bakuzanire buri murozi wese w’umuhanga.”
38Nuko abarozi barakoranywa (bahabwa) igihe n’umunsi byagenwe[1] (byo guhura na Musa).
39Maze abantu barabwirwa bati “Ese muraza mu iteraniro?”
40“Hari ubwo twakurikira abarozi (bo ku ruhande rwa Farawo) baramutse ari bo batsinze.
41Nuko abarozi baje, babwira Farawo bati “Ese hari igihembo tubona nituramuka dutsinze?”
42(Farawo) aravuga ati “Yego! Kandi mu by’ukuri muraba mu byegera (byanjye).”
43Musa arababwira ati “Nimunage ibyo mushaka kunaga (bigaragaza ukuri kwanyu)!”
44Nuko banaga imigozi yabo n’inkoni zabo (bihinduka inzoka nto), baravuga bati “Ku bw’icyubahiro cya Farawo, rwose ni twe dutsinda.”
45Maze Musa anaga inkoni ye (ihinduka inzoka nini), itangira kumiragura ibyo (abarozi) bari bamaze guhimba.
46Nuko abarozi bitura hasi bubamye,
47Bavuga bati “Twemeye Nyagasani w’ibiremwa byose,”
48“Nyagasani wa Musa na Haruna.”
49(Farawo) aravuga ati “Mumwemeye mbere y’uko mbibahera uburenganzira. Mu by’ukuri (Musa) ni umukuru wanyu wabigishije uburozi. Rwose muraza kumenya (icyo nza kubakorera)! Rwose ndaza kubaca amaboko n’amaguru byanyu imbusane, maze mbabambe mwese.”
50Baravuga bati “Nta cyo bitwaye! Mu by’ukuri tuzasubira kwa Nyagasani wacu.”
51Mu by’ukuri twiringiye ko (Nyagasani) azatubabarira ibyaha byacu kuko tubaye aba mbere mu kwemera (ubutumwa bwa Musa).
52Kandi twahishuriye Musa (tugira tuti) “Jyana abagaragu banjye (Abayisiraheli) nijoro! Mu by’ukuri muraza gukurikirwa (na Farawo n’ingabo ze).”
53Maze Farawo (yumvise ko bagiye), yohereza mu mijyi abakoranya (ingabo zo kubakumira).
54(Farawo arababwira ati) “Mu by’ukuri bariya (Bayisiraheli) ni agatsiko k’abantu bake.”
55“Kandi rwose baturakaje (kugenda tutabibahereye uburenganzira).”
56“Ndetse twese turi maso kandi twiteguye (guhangana na bo).”
57Nuko (Farawo n’abantu be) tubakura (mu gihugu cye kirimo) ubusitani n’imigezi,
58(Tubakura) mu mitungo ndetse no mu nyubako ziyubashye,
59Uko (kubasohora mu byabo) ni ko twabizunguje bene Isiraheli.
60Maze (Farawo n’ingabo ze) barabakurikira mu gitondo izuba rirashe (kugira ngo babice).
61Nuko ubwo amatsinda yombi yarebanaga, abantu ba Musa baravuga bati “Mu by’ukuri batugezeho!”
62(Musa) aravuga ati “Si ko bimeze! Mu by’ukuri ndi kumwe na Nyagasani wanjye, aranyobora.”
63Nuko duhishurira Musa (tugira tuti) “Kubita inkoni yawe mu nyanja! (Akubise, inyanja) icikamo ibice (bibiri), buri gice kimera nk’umusozi munini cyane.”
64Maze abandi (Farawo n’ingabo ze) tubegereza hafi (na bo bakurikira iyo nzira).
65Nuko turokora Musa n’abari kumwe na we bose.
66Hanyuma abandi (Farawo n’ingabo ze) turabaroha.
67Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera.
68Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
69(Yewe Muhamadi) unabasomere inkuru ya Ibrahimu.
70Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati “Ese ibi ni ibiki musenga?”
71Baravuga bati “Tugaragira ibishusho kandi tuzahora tubisenga.”
72(Ibrahimu) aravuga ati “Ese iyo mubisabye birabumva?”
73“Cyangwa hari icyo bibamarira cyangwa ngo bigire icyo bibatwara?”
74Baravuga bati “(Oya)! Ahubwo twasanze abakurambere bacu babikora batyo.”
75(Ibrahimu) aravuga ati “Ese ntimutekereza ku byo musenga?”
76“Mwebwe n’abakurambere banyu bo hambere?”
77“Mu by’ukuri ibyo (musenga) ni abanzi banjye (sinshobora kubisenga), ahubwo (nsenga) Nyagasani w’ibiremwa byose.”
78“We wandemye akaba ari na We unyobora.”
79“Ni na We umpa icyo kurya n’icyo kunywa.”
80“N’iyo ndwaye ni We unkiza.”
81“Ni na We uzanyambura ubuzima, hanyuma akazabunsubiza (igihe cy’izuka).
82Kandi ni We niringiye ko azambabarira ibyaha byanjye ku munsi w’imperuka.
83Nyagasani! Mpa kugira ubumenyi (bwo kugusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), kandi uzampuze n’abagaragu bawe b’intungane.
84Kandi umpe kuzavugwa neza mu bazaza nyuma.
85Unanshyire mu bazazungura Ijuru ryuje inema.
86Unababarire data kuko mu by’ukuri ari mu bayobye.
87Kandi ntuzankoze isoni ku munsi (ibiremwa byose) bizazurwa.
88Umunsi imitungo n’urubyaro bitazagira icyo bimarira (nyirabyo).
89Usibye gusa uzagera kwa Allah afite umutima usukuye (uzira ibangikanyamana).
90Kandi ijuru rizegerezwa abagandukira Allah.
91N’umuriro uzagaragarizwa abayobye (ba nyamujya iyo bijya).
92Nuko babwirwe bati “Ibyo mwajyaga musenga biri he?
93“Bitari Allah? Ese bishobora kubatabara cyangwa ngo byitabare ubwabyo?”
94Maze bo ndetse n’abayobye bajugunywemo (mu muriro) bacuramye.
95Ndetse n’ingabo za Ibilisi (Shitani) zose.
96Nibawugeramo (abayobye n’ababayobeje) bazavuga batongana bati,
97“Ku izina rya Allah! Rwose twari mu buyobe bugaragara (ubwo twabasengaga).”
98Ubwo twabareshyeshyaga na Nyagasani w’ibiremwa byose.
99Kandi nta bandi batuyobeje batari inkozi z’ibibi.
100None nta bavugizi dufite (batuvuganira tukava mu bihano).
101Nta n’inshuti magara dufite (yatugirira impuhwe).
102Iyaba twagiraga (amahirwe yo) gusubira ku isi maze ngo tube mu bemeramana.
103Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
104Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
105Abantu ba Nuhu bahakanye Intumwa.
106Ubwo umuvandimwe wabo Nuhu yababwiraga ati “Ese ntimugandukira Allah?”
107“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
108“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
109“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
110“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
111Baravuga bati “Ese twakwemera dute kandi warayobotswe n’abantu basuzuguritse?”
112(Nuhu) aravuga ati “Ntabwo nshinzwe kumenya ibyo bakora (icyo nshinzwe ni ukubagezaho ubutumwa gusa)”
113Ibarura ryabo rireba Nyagasani wanjye, iyaba mwari mubizi!
114Kandi njye sinshobora kwirukana abemeramana.
115Nta kindi ndi cyo, usibye kuba ndi umuburizi ugaragara.
116Baravuga bati “Yewe Nuhu! Nuramuka utarekeye aho (ibyo wigisha), rwose uzaba mu bazaterwa amabuye (kugeza upfuye).”
117(Nuhu) aravuga ati “Nyagasani! Mu by’ukuri abantu banjye barampakanye”,
118“Bityo ca iteka ridasubirwaho hagati yanjye na bo (ririmbura abahakanye), kandi undokorane n’abemeramana turi kumwe.”
119Nuko tumurokorana n’abari kumwe na we mu nkuge yuzuye (ibiremwa bitandukanye yashyizemo).
120Maze nyuma tworeka abasigaye (abahakanye).
121Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera.
122Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
123Aba Adi (na bo) bahinyuye Intumwa.
124Ubwo umuvandimwe wabo Hudu yababwiraga ati “Ese ntimwatinya (Allah)?”
125“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
126“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
127“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
128Ese mwubaka (amazu maremare) ahirengeye hose mugamije kunnyega no gusuzugura (abagenzi bayanyuraho)?
129Mukanubaka ingoro z’imitamenwa nk’aho muzazibamo ubuziraherezo?
130N’iyo mugabye igitero (ku wo ari we wese), mukigaba nta mpuhwe.
131“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
132Kandi mugandukire uwabahaye inema (zose) muzi.
133Yabahaye amatungo n’urubyaro,
134(Anabaha) imirima n’imigezi.
135(Hudu aravuga ati) “Mu by’ukuri ndatinya ko (nimukomeza guhakana) mwazahanishwa ibihano byo ku munsi uhambaye.”
136Baravuga bati “Watwigisha utatwigisha byose ni kimwe kuri twe (ntidushobora kukwemera).”
137Ibi (twemera) si ibindi, usibye ko ari imigenzo n’imyemerere (gakondo) y’abo hambere.
138Kandi ntituzahanwa (nk’uko ubivuga).
139Nuko baramuhinyura, maze turabarimbura. Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
140Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimbabazi.
141Abantu bo mu bwoko bwa Thamudu (na bo) bahinyuye Intumwa.
142Ubwo umuvandimwe wabo Swalehe yababwiraga ati “Ese ntimwatinya Allah?”
143“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
144“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
145“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
146“Ese (mukeka ko) muzarekerwa mu byo murimo aha (ku isi, ngo mubeho) mutekanye (nta bihano nta no gupfa)?”
147“Mu mirima (myiza) ndetse n’imigezi (itemba),”
148“No mu bihingwa (bitandukanye) n’imitende ifite imigondoro yoroshye?”
149“Kandi muhanga amazu mu misozi mu buryo bwa gihanga.”
150“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
151“Kandi ntimukumvire amategeko y’inkozi z’ibibi.”
152“Ba bandi bakora ubwononnyi ku isi kandi ntibagire ibyo batunganya.”
153Baravuga bati “Mu by’ukuri wowe (Swalehe) uri umwe mu bantu barozwe!”
154“Wowe nta kindi uri cyo usibye ko uri umuntu nkatwe. Ngaho zana ikimenyetso (kigaragaza ko uri Intumwa) niba koko uri mu banyakuri!”
155(Swalehe) aravuga ati “Dore iyi ngamiya y’ishashi, izajya inywa amazi umunsi umwe namwe munywe ku wundi munsi uzwi.”
156“Kandi muramenye ntimuzayigirire nabi mutazavaho mukagerwaho n’ibihano by’umunsi uhambaye.”
157Ariko barayishe maze basigara bicuza
158Nuko bagerwaho n’ibihano. Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
159Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
160Abantu ba Lutwi (Loti) bahinyuye Intumwa (zaboherejweho).
161Ubwo umuvandimwe wabo Lutwi yababwiraga ati “Ese ntimwatinya (Allah)?”
162“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
163“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
164“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
165“Kuki muhitamo kuryamana n’abantu b’igitsinagabo (nkamwe),”
166“Maze mukareka abo Nyagasani wanyu yabaremeye ngo bababere abagore? Ahubwo mwe muri abantu barengera (amategeko ya Allah).”
167Baravuga bati “Yewe Lutwi (Loti)! Nutarekera aho (ibyo utubwira), rwose uzaba mu bazirukanwa (mu gihugu cyacu)!”
168(Lutwi) aravuga ati “Mu by’ukuri ibyo mukora ndabyanga cyane.”
169(Lutwi aravuga ati) “Nyagasani! Ndokorana n’umuryango wanjye (uturinde) ibyo bakora.”
170Nuko tumurokorana n’umuryango we wose,
171Usibye umukecuru (umugore we) wasigaye (akaba) mu barimbutse.
172Hanyuma turimbura abasigaye bose;
173Nuko tubanyagiza imvura (y’amabuye); iba imvura mbi ku baburiwe (ntibumve).
174Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
175Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
176Abantu bari batuye Ayikati (na bo) bahinyuye Intumwa.
177Ubwo Shuwayibu yababwiraga ati “Ese ntimwatinya Allah?”
178“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
179“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
180“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
181“Mujye mwuzuza ibipimo (by’iminzani) kandi ntimugatere (abandi) igihombo.”
182“Kandi mujye mupimisha iminzani itunganye.”
183“Ntimugahuguze abantu mugabanya ku byabo, kandi ntimugakwize ubwangizi ku isi.”
184“Munatinye uwabaremye, mwe n’ababayeho mbere (yanyu).”
185Baravuga bati “Mu by’ukuri wowe (Shuwayibu) uri umwe mu bantu barozwe!”
186Wowe nta kindi uri cyo, usibye kuba uri umuntu nkatwe. Kandi tunakeka ko uri umunyabinyoma.
187(Baravuga bati) “Ngaho tugusheho ikirere ibice bice niba koko uri umwe mu banyakuri!”
188(Shuwayibu) aravuga ati “Nyagasani wanjye ni We uzi neza ibyo mukora.”
189Nuko baramuhinyura, maze bagerwaho n’ibihano by’umunsi w’igicucucucu[1] Mu by’ukuri byari ibihano by’umunsi uhambaye.
190Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
191Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
192Kandi mu by’ukuri iyi (Qur’an) yahishuwe na Nyagasani w’ibiremwa (byose),
193Nuko izanwa (ku isi) na Roho w’umwizerwa [Malayika Jibrilu (Gaburiheli)],
194(Ayishyitsa) ku mutima wawe (yewe Muhamadi) kugira ngo ube umwe mu baburira,
195(Yayizanye iri) mu rurimi rw’Icyarabu gisobanutse.
196Kandi mu by’ukuri iyo (Qur’an) yavuzwe no mu bitabo byahishuriwe Intumwa zo hambere.
197Ese ntibyababera ikimenyetso (kigaragaza ko Qur’an ari ukuri) kuba abamenyi b’Abayisiraheli barayimenye (nk’iy’ukuri, ndetse bamwe muri bo bakayoboka Isilamu)?
198N’iyo (Qur’an) tuza kuyihishurira umwe mu batari Abarabu,
199Maze akayibasomera, ntibari kuyemera.
200Uko ni ko dushyira mu mitima y’inkozi z’ibibi (guhakana Qur’an).
201Ntibazigera bayemera kugeza igihe bazabonera ibihano bibabaza,
202Bikabageraho bibatunguye, batabizi.
203Maze bakavuga bati “Ese ntitwahabwa umwanya (kugira ngo twicuze)?”
204Ubu koko ibihano byacu (ni byo) basaba ko byihutishwa?
205Urabona (yewe Muhamadi), turamutse tubahaye kubaho igihe kirekire,
206Hanyuma bakagerwaho n’ibyo basezeranyijwe (ibihano),
207Ibyo bahawe ngo babyinezezemo ntibyagira icyo bibamarira.
208Kandi nta mudugudu n’umwe twarimbuye utaragize ababurizi
209(Twohereje) ngo bibutse, kandi ntitwigeze tuba abahemu (ngo tubarimbure tubarenganyije).
210Kandi ntabwo amashitani ari yo yayihishuye (Qur’an),
211Nta n’ubwo abikwiye ndetse ntiyanabishobora!
212Mu by’ukuri ayo (mashitani) yakumiriwe kumva (ibivugirwa mu ijuru).
213Bityo (uramenye) ntuzabangikanye Allah n’izindi mana, utazavaho ukaba umwe mu bazahanwa.
214Kandi (yewe Muhamadi) ujye uburira abantu ba hafi mu muryango wawe.
215Unicishe bugufi ku bemeramana bakuyobotse.
216Ariko nibaramuka bakwigometseho, uzababwire uti “Mu by’ukuri njye nitandukanyije n’ibyo mukora.”
217Kandi ujye uniringira (Allah), Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
218We ukureba igihe ubyutse gukora iswala (mu gicuku),
219Ndetse n’ibyo ukora (wunama, ununamuka) uri kumwe n’abubama.
220Mu by’ukuri (Allah), ni Uwumva bihebuje, Umumenyi uhebuje.
221Ese (mwa bantu mwe!) mbabwire abo amashitani amanukiraho?
222Amanukira buri munyabinyoma, w’umunyabyaha,
223Yumviriza (amagambo avugwa n’abamalayika mu ijuru akongeramo ibyayo), nyamara amenshi muri yo ni amanyabinyoma.[1]
224Naho abasizi bakurikirwa n’abayobye.[1]
225Ese ntubona ko (mu busizi bwabo) bavuga kuri buri ngingo bashimagiza cyangwa basebya?
226Kandi ko mu by’ukuri bavuga ibyo badakora?
227Usibye gusa ba bandi bemeye bakanakora ibikorwa byiza, bagasingiza Allah cyane, ndetse bakanirwanaho (bakoresheje ibisigo mu kunyomoza abasizi b’abanyabinyoma) nyuma yo kurenganywa (batukwa). Naho inkozi z’ibibi bidatinze zizamenya icyerekezo zizerekeramo.